Imigani Ishamaje

Imigani Ishamaje DJ_BELIX is a Black-African professional Dj and also a video Director

Umugani wa Nyangufi na bakuru be IINuko basesera muri iryo shyamba. Iryo shyamba ryari inzitane ku buryo nta muntu washo...
17/08/2022

Umugani wa Nyangufi na bakuru be II
Nuko basesera muri iryo shyamba. Iryo shyamba ryari inzitane ku buryo nta muntu washoboraga kubona undi iyo yabaga amusizeho nk’intambwe icumi. Ubwo ariko nyina wa ba bana yasaga n’uwaciye kuko yari azi ibyari bigiye kubabaho kandi adashoboye kubakiza cyangwa ngo ababurire.

Binjira mu ishyamba nibwo Nyangufi atangiye kunaga twa tubuye aho se abanyujije barinda bagera mu ishyamba hagati.

Se atangira gutema ibiti no kubisatura, yereka abana be hirya gato aho barunda imyase. Nuko abana batangira gutunda inkwi bazirunda no gushaka imigozi yo ku*ihambira. Uko bazitunda bazirunda, ni ko se na nyina bakomezaga gucengera mu ishyamba hirya kugira ngo babone uburyo bwo kubibeta no gusubira imuhira.

Abana bakomeza kurunda inkwi, bigeze aho baza gukebuka aho ababyeyi babo bari, ntibagira n’umwe babona. Nuko batangira guhamagara se na nyina bataka cyane… Ngo bitabwe na nde? Abana batangira kugira ubwoba bwinshi, batangira kurira bakeka ko inyamaswa zaba zabaririye ababyeyi none nabo zikaba zigiye kubarya.Bari bihebye basigaye mu kangaratete.

Ariko Nyangufi akomeza kubihorera, bakomeza gusakuza barira kuko yari yizeye inzira iza kubasubiza imuhira kandi akaba azi neza ibyo ababyeyi babo bari bamaze kubakorera. Bigeze aho, abwira bakuru be abahumuriza ati:«Bavandimwe, mwigira ubwoba, data na mama badusize hano baritahira, ariko muhumure ndabageza imuhira munkurikire gusa!» Nuko abajya imbere, bakurikira ha handi yagiye anaga utubuye bagiye kubona babona bageze imuhira.

Bakuru be batangira bavuga bamushimagiza bati:«Uri akagabo sha!» Naho we kubera ko yitondaga cyane, kandi akamenya no kwiyoroshya, mbese ntashake ko hari umenya ko azi ubwenge, arababwira ati:«Si jye, ahubwo ni amahirwe tugize koko!» Abivuga amwenyura! Abana ntibahereyeko binjira mu nzu bagumye ku muryango bumva ibyo ababyeyi babo bavuga.

Ubwo umugabo n’umugore we bakigera imuhira, umuntu ukomeye cyane kuri uwo musozi, yari yabishyuye amafaranga yari abamazemo igihe kirekire. Uwo mwenda ntibari bakiwutekereza bari barakuyeyo amaso. Ayo mafaranga ntiyari abakijije, ariko bamaze kuyabona, bararanezerwa cyane kuko inzara yari imaze kubarembya. Ako kanya umugabo yohereza umugore kugura inyama. Kubera ko bari bamaze iminsi batarya, umugore agura inyama nyinshi ku buryo abantu babiri batashoboraga ku*irya ngo bazimare. Ngo: “Inyota ntindi igufunguza iyo utari bumare!”

Nuko umugore arateka amaze guhisha bararya, birabasegeka. Inyama zose zisigarira aho, dore ko udaheruka kurya niyo abibonye atabishobora. Bamaze kwegura amabondo, wa mugore aravuga ati:«Ba bana bacu iyo baba aha, baba bariye izi nyama zisigaye kandi zari kubahaza ndetse zigasigara. Mbese nk’ubu abo banyagwa bari hehe? Yewe uwapfa kunyereka Nyangufi!» Ubwo yungamo ati:«Sinakubwiye ko tu*icuza hanyuma! Nk’ubu aba bana bamerewe bate muri rya shyamba? U*iko uri inyamaswa mu zindi, wowe watinyutse kujugunya urubyaro rwawe kariya kageni ! Ese nk’ubu niba bakiriho baratuvuga iki? Rero nanjye niba bakiriho! Naruha mama naruha !»

Bigeze aho umugabo ntiyaba agishoboye kwihanganira ayo magambo y’umugore, kuko yakomezaga kumuhamya icyaha ngo ni we washatse ko bata abana babo mu ishyamba. Niko kumubwira amucyaha ati:«Niwongera kuvuga ayo magambo ndagukubita!»

Umugore akomeza kurira ahamagara abana be avuga ati:«Abana banjye weee! abana banjye weee !» Ageze aho sinzi uko yaje kuvuga cyane ati:«Abana banjye bari he weee !» Abana uko bakabaye ku muryango bavugira icyarimwe bati:«Erega turi hano!» Nuko nyina ashiguka ubwo yiruka afite ubwuzu bwinshi ajya ku muryango, maze aherako akingura, akimara kubabona, abahoberera icyarimwe ababwira ati:«Mbega ukuntu nishimiye kongera kubabona! Ndabireba murananiwe cyane, kandi inzara yabishe rwose!» Maze abwira Nyangufi ati:«Mbega umusatsi wawe ni uko wahindutse! Ngwino ngusokoze.»

Amaze kumusokoza, ahamagara abana arabagaburira barya banezerewe ariko se yabuze aho yakwirwa. Hashize akanya yikura mu isoni ati:«Mwari mwagiye he mwa bigoryi mwe? Ubonye igihe twabashakiye tukababura, tukarinda twiyizira twibwira ngo mwatashye?» Abana bacisha make, bakomeza kurya bafite umunezero. Noneho batangira kubatekerereza uko bagize ubwoba basigaye muri rya shyamba bonyine. Icyaje kuba kibi ni uko ibyo byishimo byashiranye na ya mafaranga. Ntibyateye kabiri ya mafaranga amaze gushira, ababyeyi bongera guta abana babo mu ishyamba ariko noneho mu rya kure cyane
babyeyi bakomeje kwibaza uko bazagenza abo bana birabashobera. Bukeye bongera kwigira inama yo kongera kubata mu ishyamba ariko noneho mu ishyamba ry’ingati. Iyo nama bayijyaga bibwira ko nta we ubumva nyamara Nyangufi byose yarabyumvaga. Amaze kumva ubwo bugambanyi aribwira ati:«Imana yankijije urwa mbere izankiza n’urwa kabiri!» Aryama ataryamye… Mu museso wa kare azinduka agira ngo ajye gushaka twa tubuye. Ageze ku rugi asanga ruradadiye, abura uko abigenza arahindukira.

Ntibyatinda umugabo abyutsa umugore we n’abana ati:«Mubyuke tujye gushaka inkwi.» Asa n’uwihanangiriza abana ati:«Muramenye ntimwongere kwigira indangare nk’ubushize.» Abana barabyuka barihumura barangije nyina abaha agatsima ko kwica isari.

Nyangufi ake ntiyakarya ahubwo aratekereza ati:«Ubwo nabuze twa tubuye, uwakoresha uyu mutsima nkagenda nywumanyurira mu nzira data ari butunyuzemo, nazatuma dushobora kugaruka.» Nuko awushyira mu gafuka arinumira.

Ubwo ababyeyi na bo baba bamaze kwitegura, bashyira nzira baragenda ariko noneho banyura indi nzira. Bakigera mu ishyamba, Nyangufi afata umutsima we atangira kugenda awumanyurira mu nzira se abanyujijemo barinda barigera rwagati ha handi se yashakaga kongera kubasiga.

Bamaze kurigeramo ababyeyi baza kurabukwa akarari k’ahantu h’icokori. Sinzi uko bongeye kureba abana ku jijo maze bicoka muri ka karari, maze bisubirira imuhira. Abana basigara muri rya shyamba.

Abana babuze ababyeyi babo, bagira ubwoba cyane kubera ko bari basigaye bonyine muri iryo shyamba. Nyangufi we ariko ntibyamukura umutima kuko yari yizeye inzira iza kubasubiza imuhira. Nuko abwira bakuru be ati:«Nimuhumure munkurikire gusa, ndabereka inzira igera imuhira.» Abajya imbere yizeye kuyoborwa na wa mutsima ariko ntakamenye ko inyoni zawiririye! Amara umwanya ashaka aho yagiye awunaga arahabura na we atangira kugira ubwoba ariko abihisha bakuru be.

Bazerera iryo shyamba ryose, uko bagenda bakarushaho kuyoba no kuryinjiramo. Igicuku kimaze kuniha, haza umuyaga batigeze bumva aho bavukiye, noneho kubera umwijima, barushaho gukuka umutima. Inyamaswa zabikanga zikagenda zinyuranamo hirya no hino. Bakumva inkubi y’umuyaga bakagira ngo ni impyisi zihuma zije kubarya. Ubwoba burabica noneho ntibaba bagitinyuka no kuvugana. Ntibyatinda imvura iragwa, imbeho irabica, intoki zihinduka ibinya. Inkuba zirakubita abana bagwa igihumure, batambuka bakagwirirana mu byondo, bajya kubona bakabona bagarutse aho bavuye. Mbega akaga!

Nuko Nyangufi aribaza, asanga bakora ubusa, niko kurira igiti ngo arebe ko hari icyo yarabukwa imusozi. Ageze mu bushorishori bwacyo, areba hirya no hino maze arabukwa urumuri runyenyeretsa hakurya y’iryo shyamba. Aherako aramanuka. Ageze hasi rwa rumuri ntiyongera kurubona; biramubabaza cyane yumva bimuciye intege.

Umuhungu mu*ima ajya imbere bapfa kugenda. Hashize umwanya babona basohotse mu ishyamba hafi ya rwa rumuri. Nuko bakomeza kuyobagurika barugana kugeza igihe bagereye ku nzu rwarimo. Iyo nzu ikaba iy’igisimba cyitwa Nyamuryabana ariko umugore wacyo akaba umuntu!

UMUGANI WA NYANGUFI NA BAKURU BE 1Umugabo yari afite umugore maze babyarana abana barindwi b’abahungu;   uw’imfura yari ...
17/08/2022

UMUGANI WA NYANGUFI NA BAKURU BE 1
Umugabo yari afite umugore maze babyarana abana barindwi b’abahungu; uw’imfura yari ageze nko mu kigero cy’imyaka icumi. Umwuga w’uwo mugabo wari uwo kwasa inkwi akazigurisha agakuramo amafaranga yo kumutunga we n’ab’iwe bose. Bari abakene cyane bagahora bafite umutima uhagaze kuko batashoboraga kubona ibitunga abo bana uko ari barindwi kuko nta n’umwe wari ugejeje igihe cyo kwirwanaho.

Icyarushagaho kubatera agahinda, ni umwana wabo w’umuhererezi yahoraga abatera impungenge, ntagire ikintu kimushimisha agahora yigunze kandi ntavuge. Iyo yakoraga igikorwa cyiza giturutse ku mutima mwiza yari yarivukaniye, we yibwiraga ko akoze ikintu kidatunganye. Yari mugufi cyane ku buryo yavutse areshya n’urutoki rw’igikumwe maze bakurizaho ku mwita Nyangufi.

Uwo mwana bari baramwishyize mu mutwe bose, ikibi cyose gikozwe muri urwo rugo akaba ari we cyitirirwa. Nyamara ni we warushaga bakuru be ubwenge n’ubwitonzi ndetse no guteganya, ntiyari ashamadutse, yavugaga make ariko akumva menshi.

Bukeye amapfa aratera inzara irabiyogoza rwose muri icyo gihugu. Murumva namwe umuntu wari ufite abana barindwi kubahahira ntibyari byoroshye yari akomerewe cyane. Kubahahira ntibyari bimworoheye ariko akomeza kugerageza ageze aho abura ibibahaza kubera igiciro cyari cyarazamutse muri icyo gihe, bitewe n’inzara yari yaraje ari kirimbu*i.

Umugabo amaze gushoberwa yigira inama yo guta abo bana mu ishyamba. Inama amaze kuyuzuza ntiyayihisha umugore we ahubwo ayihisha abana be gusa. Mu ijoro araye ari bujye guta abo bana muri rya shyamba, umugabo akangura umugore we kugira ngo amugire inama yari yungutse ku kibazo bari bamaze iminsi bibaza cyerekeye uko bakwiye gutunga abo bana. Ubwo ariko abana bari baryamye kare.

Umugore amaze gukanguka, umugabo amubwirana agahinda kenshi ati: «Umva rero mugore wanjye, urabona neza ko tutagishoboye gutunga bariya bana, none niyemeje ko ejo nzajya kubata muri rya shyamba njya nasamo inkwi; bazagenda baribwe n’inyamaswa aho kugira ngo nzabone inzara ibanyicira mu maso. Ibyo bizatworohera cyane kuko mu gihe bazaba bahugiye mu guhambira inkwi tuzabihisha maze tugahindukira batatureba.»

Ntimuyobewe rero impuhwe z’ababyeyi umugore yamaze kumva ayo magambo maze akubitwa n’inkuba maze asubiza umugabo we ati:«Ubwo se ibyo uvuze ni ibikuvuye ku mutima? Cyangwa se hari ukundi wabaye? Nta n’isoni ufite? Ibyo bisubize aho ubikuye! Wowe se ko uri mukuru hari aho wabibonye? Ni wowe ugiye kuzaba Nyamuhamba ababona?» Umugabo we aho kugira ngo yumve neza igisubizo cya kibyeyi umugore amuhaye, atangira kumutwama avuga ati:«Umva nawe ubwenge bw’abagore! Ubwo se aba bana urabona tuzabatungisha iki? Njyewe ntakundi, natekereje byarangiye, ndetse byuka witegure kuko nawe tujyana. Singiye kuzabona abana banjye bapfa urw’agashinyaguro.»

Umugabo akomeza kumvisha umugore we ko badashobora kubona icyatunga abo bana, ariko biba iby’ubusa. Umugore yari umutindi nyakujya, ariko umutima we wa kibyeyi ntutume yemera kwijugunyira ibibondo. Umugore akomeza kwiyumvira atekereza ukuntu inzara izamwicira abana mu maso, atekereje agahinda bizamutera, na we yemera igitekerezo cy’umugabo we. Nuko ajya kuryama ariko amarira amuzenga mu maso.

Ubwo ariko Nyangufi ibyo ababyeyi be bari barimo yari yabimenye kare. Yari umwana u*i ubwenge butangaje kandi ntiyagiraga ikintu na kimwe kimutera ubwoba. Yamaze kumvira ku buriri bwe ibyo se avugana na nyina, abyuka buhoro maze ajya munsi y’intebe se yakundaga kwicaraho kugira ngo abashe kumva ibyo bavuga.

Yamaze kubyumva neza asubira ku buriri ariko ntiyarushya agoheka ahubwo arara atekereza uko agomba kubigenza kugira ngo we na bakuru be bazashobore kwikura muri iryo shyamba. Mu museso wa kare abyuka ajya ku mugezi wari hafi y’iwabo ahatoragura utubuye twera atwuzuza udufuka we maze agaruka imuhira.

Ntibyatinze buba burakeye neza nuko wa mugabo abyutsa umugore n’abana ariko akaba yanogeje inama yo kubabwira ko noneho bari bumuherekeze, bakajya kumutwaza inkwi mu ishyamba. Nuko arabyuka, na bo barabyuka, maze arababwira ati:«Uyu munsi muramperekeza na nyoko kugira ngo muntwaze inkwi, umwe arazana izo ashoboye maze tu*ishyire hamwe tu*igurishe amafaranga, noneho ahari yaba menshi tukayahahisha ibidutunga nibura icyumweru.» Abana babyumvise bishimira kujya kureba aho hantu ha kure bari kumwe n’ababyeyi babo, baherako baboneza iy’ishyamba ariko Nyangufi yirinda kugira icyo abwira bakuru be mu byo yari yumvise.

Umugani wa NyiramwizaKera habayeho umagabo, akagira umugore. Bukeye umugore arasama. Umunsi umwe uwo mugore yegura ikibi...
26/07/2022

Umugani wa Nyiramwiza
Kera habayeho umagabo, akagira umugore. Bukeye umugore arasama. Umunsi umwe uwo mugore yegura ikibindi ajya kuvoma kandi akuriwe. Aragenda aravoma, amaze kuzuza amazi mu kibindi, agerageza kucyikorera kiramunanira.
Nuko arivugisha agira ati “Icyampa nkabona unyikorerera iki kibindi, maze iyi nda ntwite nazayibyaramo umukobwa, nkazamumushyingira, nazayibyaramo umuhungu bakazanywana.” Ako kanya inkuba irakubita, ikibindi iragiterura igitereka mu rugo.
Biratinda maze wa mugore arabyara, abyara umukobwa, bamwita Nyiramwiza. Amaze kuba umwangavu, umurabyo ukajya uza ugahagarara ku muryango, ushaka kumutwara. Nuko wa mukobwa akaririmba ati “Erega sinari nakura, yewe mwami wo hejuru, ninkura nzagusanga” Bikomeza bityo! Ababyeyi be bamubuzaga kujya hanze kugira ngo inkuba itamutwara.
Umunsi umwe, abandi bakobwa baraza baramushukashuka ngo bajyane gutashya no kwahira ishinge. Nuko yiteba ababyeyi be maze ajyana n’ abandi. Bageze ku gasozi, imvura iragwa. Abakobwa bose bajya kugama mu isenga ry’impyisi.
Bagezemo umurabyo ushinga ku muryango. Nuko ba bakobwa basohokamo umwe umwe; ugeze ku muryango akavuga aririmba ati “Si jye Nyiramwiza useka amasaro agaseseka.” Maze umurabyo ukamureka agatambuka. Nuko Nyiramwiza asigayemo wenyine araza, ageze ku muryango, avuga kimwe n’ abandi. Nuko araseka! Maze amasaro arameneka, yuzura hasi. Ako kanya inkuba irakubita. Me ! Iramutwara !
Amaze kugera mu ijuru inkuba iramutunga, babana igihe kirekire. Amaze kubyara gatatu ahetse uwa kane, abwira Nkuba ati “Ndashaka kujya gusura iwacu ndabakumbuye. ” Inkuba irakubita, maze iramwururutsa. Imuha amatungo arimo inka, ihene n’intama, imuha n’ abagaragu bo kumutwaza amaturo n’ibindi byinshi.
Nuko Nkuba aramubwira ati “Uramenye unyure mu nzira y’ agatsibanzira, ntunyure mu nzira y’igihogere. Naho ubundi wazahura n’umugabo utari jye.”
Nuko Nkuba amaze gusubira inyuma, wa mugore yinyurira mu nzira y’igihogere, ngo mbese araba iki ? Bageze imbere bahura n’igisimba. Kimwaka ibyo yari afite byose kirabirya. Hasigara we n’ abana be gusa.
Kirangije kiti ” mpeka.” Aragiheka, maze akagenda ahigimba, naho ari ugucira amarenga ba bana be aho bari bahungiye ngo bajye kubwira basaza be ngo baze bamukize icyo gisimba. Ubwana burarorongotana bugera kwa ba nyirarume, buvuga uko byagenze.
Hanyuma bambika imbwa, bafata amacumu n’imiheto baratabara. Bahageze, basanga wa mugore agihetse cya gisimba, ariko atagishobora gutambuka. Ababonye agiterera hasi. Babanza kugica agahera, nyuma bagica amaboko n’ amaguru. Ibyo cyari cyariye byose babikivanamo. Nuko baracyica. Nyiramwiza abona gutaha iw’ ababyeyi be.
Si jye wahera !

26/07/2022

UMUGANI W’UMUKOBWA KARISIMBI
WARONGOWE N’UMWAMI W’IKUZIMU
Kera mu Rwanda habayeho umwami, abyara umwana umwe w’umukobwa amwita Karisimbi. Yabaga mu nzu yo mu gikari akahabana n’abandi bakobwa umunani. Nyina yari yaramubujije kujya ajyana hanze n’abandi bakobwa. Rubanda rwo hanze rukajya rwifuza kumubona, kuko ngo yari mwiza byahebuje. Ariko ntibamubone kuko atasohokaga.
Bukeye, ba bakobwa babanaga baramubwira bati: gwino tujye kwahira ishinge, tujye no kwota akazuba ko hanze. Abanza kwanga agira ati: Mama yarabimbujije. Bagumya kumutitiriza, bukeye aratinda arabyemera. Babaduka mu museke baragenda. Bageze aho bahira ishinge, babwira Karisimbi bati: wowe ntu*i kwahira, sigara wicaye aha, maze utumenyere n’izi nkoni zacu. Turakwahirira, maze nitugaruka tugusange hano. Maze twiyuhagire niturangiza tubyine, tunisanzure mu biganiro by’urungano. Turi butahe butangiye kugoroba.
Bamaze kugenda ndetse batangiye kwahira ishinge, ubwo wa mukobwa Karisimbi na we atangira kurigita mu butaka. Abonye ariho arigita atangira gutaka ahamagara abandi ati : ni muntabare ubutaka buramize. Baratinda baramwumva, baza biruka. Bageze hafi basanga amaguru amaze kurigita. Bagize ngo bamufate amaboko, igihimba cyose kirabacika kirarigita. Bibananiye barataka batabaza. Birukira gushaka amasuka, baracukura, basanga yagiye iku*imu atakigaragara. Umugoroba ukubye, barataha. Bageze imuhira, bavuga ibyabaye, uko Karisimbi yarigise bakagerageza kumugarura bikananirana. Umwami se abyumvise arumirwa, abura icyo avuga. Bitinze ahebera urwaje agira ati : ubwo Imana y’u Rwanda imugize umutabazi. Agiye kuba umucengeri muri urwo Rwanda rw’iku*imu.
Karisimbi yageze iku*imu, ahasanga umwami w’ iku*imu, wabaga mu nda y’incira. Uwo mwami yamaze kumwumva ava mu gihu cyiyo nzoka araza aramuramutsa. Baratindana baganira, bugiye gucya yisubirira muri cya gihu cye. Bwa kwira akajya akivamwo agasanga Karisimbi. Bwajya gucya akagisubiramwo. Bagumana kubana batyo batarebana mu maso. Bamaze kumenyerana, uwo mwami aramurongora. Bakajya babana n’ijoro, kumanwa umwe akaba ukwe undi ukwe. Bigera naho babyarana abana batatu : abahungu babiri n’umukobwa. Hashize igihe, ba bakobwa bagenzi ba Karisimbi basubira kujya kwahira ishinge hahandi yarigitiye, baza no kubyina. Karisimbi yumvise ko bagenzi be bagarutse kwahira, abahamagara aririmba ati : Karisimbi yajyanywe n’incira y’i Kabugondo itukuje ijisho nk’indubaruba, ifite amenyo yera nk’amasaro, yambaye urunigi rw’umujijima rusa nk’amasaka. Bagenzi be babyumvise, basubira imuhira biruka, babwira umwami se wa Karisimbi ko bumvise umuntu uhamagarira iku*imu avuga ngo babwire se na nyina ko yajyanywe n’incira y’i Kabugondo, bagakeka ko ari Karisimbi. Umwami ati wenda ni umu*imu we mwumvise. Umukobwa aba iyo, aribagirana.
Umunsi umwe imvura igwa ari nyinshi, isanga abana ba Karisimbi bakurikiye inka mu rwuri. Babonye imvura iguye bajya kwugama imuhira. Bagezeyo nyina yanga kubakingurira. Abana batabaza se. Nyina arababwira ati : murishinyagurira, mumugize ntimwagize rimwe mukamubona mu maso. Imvura imaze kubarembya, se ava mu ncira, aza kubakingurira, abana bajya mu nzu. Agize ngo asubire mu gihu cye cy’incira, umugore aramugwatira, ati : ntiwongera kuncika. Umugabo ati : ndekura ndahinduka intare nkakurya. Umugore ati : nanjye ngahinduka yo nkakurya. Umugabo ati : ndekura ndahinduka inkuba nkagukubita. Umugore ati : nanjye ngahinduka yo nkagukubita. Umugore aramubwira ati : nkubita agafunsi ngukubite akandi, tuve ibu*imu tujye ibuntu. Cya gihu cy’incira bagishyira hanze baragitwika. Kivamo abagaragu n’inka. Nuko batangira kubana nk’abandi bantu.
Bimaze iminsi umugore ati nkumbuye iwacu. Umugabo we aramubwira ati : genda ariko uzabanguke kandi uzandamukirize abo muri urwo Rwanda rwo hejuru. Nuko abagaragu baramuheka we n’abana be uko ari batatu. Karisimbi ajyana n’ishyo ry’inka umugabo we yoherereje sebukwe agira ati : umubwirire uti ngiyo inkwano. Umwami wo hasi yoherereje uwo hejuru. Kandi yungamwo ati : uwo mukobwa wawe Karisimbi yabaye umuhuza w’ibihugu byacu byombi. Nuko Karisimbi aragenda asohoza ubutumwa. Aratinda, aramukanya n’ababyeyi ndetse na ba bakobwa bagenzi be, ba bana be nabo babona u Rwanda rwo kwa sekuru. Bota akazuba ku Rwanda rwo hejuru. Igihe cyo gutaha kigeze barasezera. Karisimbi asigira nyina wa mwana w’umukobwa agira ati : azashyingirwe i Rwanda. Abo azabyara, nabo basaza be bazabyarira iku*imu bazabe abahuza b’u Rwanda rwo hasi nurwo hejuru. Nuko Karisimbi n’abana be barataha.
Amaherezo, baratunga baratunganirwa.

14/07/2022

Muraho! Kubura imigani byari byaratewe nikibazo ubu tuvugana cyakemutse, ejo mugitondo saa 9 murongera muryoherwe Murakoze!

05/07/2022

Ariel Wayz
I WISH THIS VOICE COULD SCREAM ENOUGH HOW TIRED I AM!!!!!!!!!!!

05/07/2022

Umugani: Amaraso y’ikinyogote
Intare umwami w’ishyamba yarwaje umwana, ibura ibitotsi ikajya irara yomongana mu ishyamba ryose, iboroga bicika, iririra icyana cyayo. Ibaza imiti biba iby’ubusa, umurwayi akomeza kuremba kuko indwara yari yarayoberanye.

Intare igeze aho yigira inama yo gukoranya ingabo zayo ngo izibaze umuti wayikiriza umwana. Buri bwoko bwose bw’inyamaswa bwohereza umuhanga bwiyizimo kubuhagararira. Inama y’abahanga ikabamo ingwe, ingeragere, umuhari, inzovu, imparage, amasatura n’izindi. Indwara iranga irayoberana, imiti igeragejwe ikabisubiza irudubi.

Abahanga bamaze gushoberwa, nyiramuhari yari ifitanye amasinde n’ikinyogote ishaka kukiroha. Nibwo ibwiye intare iti "Nyagasani, naje aha mvuye mu rugendo rwa kure kandi nahabarije imiti myinshi none nagira ngo mbabwire umuti wakiza umwana."

Intare iyikubita urwara iti " Maze ugatinda bigeze aha ngaha!" Nyiramuhari iti " Nimurase ikinyogote, umwana anywe amaraso yacyo ashyushye, ahage, dusigarane umurimo wo kumwondora."

Ikinyogote kibyumvise gihinda umushyitsi. Kiraza n’imbere y’intare gikoma yombi, amavi kiyarimiza mu butaka, kiti "Nyagasani, sinakwemera ko umwana wawe apfa kandi nshobora kumuvura, ubu*ima bwanjye ntiburuta ubwe. Cyakora narenzweho, nanjye uwo muti naje nywu*i ariko nyiramuhari yawibagiweho ikintu cya ngombwa. Naho twawukuye ndahababwira: Tujya kuza mu nama, twagiye kuri ba bandi bagendera ku tuguru tubiri, baratubwira bati “Ni mwe mwembi umuti uzaturukaho. Bazashake ubwonko bwa nyiramuhari, babuminjiremo amaraso y’ikinyogote, umwana abirye, azakira.»

Izindi nyamaswa ziteze amatwi ziti «Nimugire bwangu umwana ataducika !»

Nuko nyiramuhari bayica agahanga, baragasatura bakuramo ubwonko. Ikinyogote bakivoma amaraso mu mutsi w’ukuguru bayaminjira mu bwonko bwa nyiramuhari babisuka icyana cy’intare.

Inama irangira ityo; ikinyogote kigenda gicumbagira, n’ubundi ariko cyari kibisanganywe, kuko cyari kimaze iminsi bagitereye umujugujugu mu myumbati.

Hashize iminsi ibiri, ruranga rutwara cya cyana cy’intare.

05/07/2022

Umugani wa Bakame n Inzovu n’Impyisi n Injangwe n Ingwe n Imbwebwe

Kera urukwavu rwatumiye inzovu, rutereka inzoga biranywa, maze bigejeje hagati, Bakame ibwira inzovu iti : « Haguruka tujye gusimbuka urukiramende. »

Biragenda bigera aho urukiramende rwari rushinze ; Bakame irarusimbuka ; Inzovu irarusimbuka irarunera ! Bakame ibwira inzovu iti : « U*i impamvu ? » Ni ayo mabuno yawe ; none inama nakugira, zana nyakebe maze urebe ko utarusimbuka. » Inzovu iremera, Bakame imaze kuyakeba, isezerera inzovu irataha.

Haciye iminsi ibiri, inzovu itangira kuribwa iraceceka ; hashize ibyumweru bibiri, impyisi imererwa nabi cyane, nuko ituma impyisi kuri Bakame iti : « Genda umbwirire Bakame uti : amabuno ya Baruzovu yaboze kandi yanze no kumera. »

Impyisi iragenda ; igeze kwa Bakame iti : « Umwami arantumye ngo amabunobuno ye yanze gushibuka, none yazane, kandi niba wanze ndagukandagira. »

Agakwavu kati : « Wa mugabo we ba woroheje, ushire impumu, kandi enda fungura ! » Bakame izana inyama yo ku mabunobuno ya Baruzovu. Impyisi irarya, irangije kurya ibaza Bakame iti : « uhahira he wa kagabo we ? » Bakame iti : « Ba uretse ndajya kuhakwereka. Ngwino. »

Bigeze ku manga, Bakame ibwira impyisi iti : « Jya munsi ya kiriya gihuru, niwumva ikivuga ngo paka-paka, utege inkoro. » Impyisi iremera.

Ubwa mbere Bakame ihirika akabuye gatoya, impyisi iritaza, ubwa kabiri Bakame yohereza ikibuye kinini, impyisi igiye gufata kiyimena inkoro, ifumbira umunaba, Bakame iraza irikorera ijya kubaga.

Bukeye inzovu iranga iraremba, yohereza injangwe. Bakame iyicura inkumbi. Inzovu yongera koherezayo imbwa, iyica ak’impyisi n’injangwe.

Noneho inzovu yohereza ingwe, ingwe igezeyo iravuga iti : « Zana amabunobuno ya Baruzovu kandi niba wanze ndagutunga ku rwara. » Bakame iti : « Mbe wa mugabo we, ko ari gupfa nkaba ndibupfe, waretse nkabanza nkafungura, na we nkagufungurira, tukabona tukagenda. »

Bakame izana akaguru k’imbwa, maze ingwe itamiyeho, itangira kwirigata mu bwanwa, iti : « Mbe wa kagabo we wandangiye aho uhahira nanjye nkajyayo ? » Bakame iti : « Banza urye. » Ingwe irangije kurya biragenda.

Maze ujye munsi ya kiriya gihuru ,nanjye ndajya haruguru, niwumva ikiza kivuga duuu ! Uhigame, ariko niwumva ikiza kivuga paka-paka utege inkoro. » Ingwe iremera.

Biragenda, Bakame iragenda ihirika akabuye gatoya, ingwe iritaza, ubwa kabiri ihirika ikibuye kinini, ingwe iritegereza isanga ari ikibuye, irakizibukira irihwereza.

Bakame ihageze iti : « Ahaa ! » ngo : yariye amabunobuno ya Baruzovu, irya aya Barupyisi, irya iya Baruryajangwe na Barubwa, none aya Barugwe ni yo yayinanira ? Ibanga ingata irikorera ; igeze imbere ingwe iyishinga inzara mu mutwe.

Bakame iti : « Ariko uyu mutwaro umeze ute ? » Iratura, iraruhuka. Irongera irikorera, ingwe igeze imbere irongera iyishinga inzara. . Bakame iratura isubira mu ngata, irongera ishyira ku mutwe, yigiye imbere, ingwe iyishinga inzara na none, Bakame imenya ko ingwe ari nzima.

Bakame irebye, ibona imbwebwe, irahamagara iti : « Yewe Barubwebwe ! Yewe Barubwebwe !…’ Imbwebwe iraza, igeze aho, Bakame iti : « Enda nyakira njye kwituma. » Imbwebwe ikubita ku mutwe. Bakame irigendera. Imbwebwe isigara ari yo yigorerwa.

Si jye wahera hahera umugani

Imbwa n'igisambo Nijoro mu gicuku, igisambo cyaje ku nzu kigira ngo cyibe ibintu biyirimo, imbwa irakibona iramoka. Nyir...
02/07/2022

Imbwa n'igisambo

Nijoro mu gicuku, igisambo cyaje ku nzu kigira ngo cyibe ibintu biyirimo, imbwa irakibona iramoka. Nyir 'urugo arabyuka, arareba ntiyagira icyo abona, maze akangara ya mbwa ngo iceceke, arongera ajya kulyama. . Igisambo kibonye ko asubiye kuryama, kiragaruka,. kigerageza gukingura umuryango ngo cyinjire, ya mbwa irataka cyane. Nyir' urugo yongera kubyuka; igisambo na cyo kimwumvise kirihisha. Araza arareba yumva nta gikoma, akangara ya mbwa, asubira kwiryamira. Igisambo kirongera kiragaruka; imbwa na yo irongera iramoka. Shebuja arongera arayikangara, ariko ntiyabyuka. Nuko mu gitondo abyutse, asanga igisambo cyamwibye ibintu byinshi. Yibuka uburyo yagiye akangara imbwa ye, maze ati « iyo umuntu atuka inshuti ye, abanzi be barishima. » « Nyamwanga kumva ntiyanze kubona. »

UMUGANI :Imbwa n’intama Imbwa n’intama byarabanaga, bikaba inshuti cyane, kandi byari bihuje umuruho.Umunsi umwe byicara...
02/07/2022

UMUGANI :Imbwa n’intama
Imbwa n’intama byarabanaga, bikaba inshuti cyane, kandi byari bihuje umuruho.
Umunsi umwe byicara ahantu hiherereye, biganira iby’imibereho yabyo. Intama iterura ivuga iti« iyo ntekereje amaherezo yacu muri iyi si, nsanga nta gisimba na kimwe duhwanyije umubabaro, ibyo bikantera agahinda kanini, ndetse nkumva byazamviraho kwiyahura. Tekereza mbese ibyiza ugirira abantu: ubumvira iteka, ukabararira, ntubahemukire. Ingororano ikaba iyihe? Nta yindi itari ugukubitwa, ndetse rimwe na rimwe bakakwica! Ngiyo ingororano yawe hano mu nsi, ntutegereze indi !
Naho jye rero, nkabambika ngaheka n’urubyaro rwabo. Imirima yabo ni jyewe uyifumbira, ntibashirwe batanyishe ngo bandye! Bakabaga inyama bakarya, impu bakagura amafaranga. Tu*ira iki? Cya he? Mbese ni ukubakorera, amaherezo bakatwica uko bishakiye. Ngiyo inyiturano yacu hano mu nsi.»
Imbwa na yo, ubwo yari iteze amatwi inshuti yayo, kuko yumvaga ibyo ibwirwa ari byo ihora ikorerwa na shebuja. Nuko ibwira intama iti «ibyo uvuga ni ukuri, ariko ntitwakwigerera abantu ngo tubiture ibyo batugirira. Tuzajye ducisha make yenda amaherezo bazabona ko na twe dufite umubiri.»

01/07/2022

Inshuti nyanshuti.
Kera habayeho umugabo Ndebe, akaba umukungu kandi akagira inshuti eshatu yitaga iz'amagara. Umunsi umwe yenga inzoga, atumira abe bose na za nshuti ze, baranywa, baranezerwa. Bamaze kwizihirwa, umwe muri bo witwaga Nzamurambaho arahaguruka, ati «ndagukunda, none nguhaye inka.» Abari aho bose bamukurira ubwatsi. Bukeye wa mugabo ashaka kugerageza za nshuti ze. Yica ihene, ayihambira mu kirago. Bugorobye yikorera ya ntumbi, aragenda no ku nshuti ye Nzamurambaho. Ati «ngize ibyago nishe umuntu; none ndagira ngo umperekeze tujye kumuta mu ru*i cyangwa mu gihuru butaracya, kuko bimenyekanye na njye napfa. » Nzamurambaho ngo abyumve ariyumvira, ntiyibuka ibyo yavuze, ni ko kumusubiza, ati «umugore wanjye ntahari none rero ntabwo nakwisigira urugo n'abana. Genda urebe undi waguherekeza, jye simbonetse.» Ndebe arita mu gutwi. Araboneza no kwa Mudatenguha, amutekerereza ibyamubayeho byose. Mudatenguha agira ubwoba, ahinda umushyitsi, ati « nibadufata, bazatwica twembi nta kubaza kandi jye ndengana. None mugenzi wanjye umugore wanjye ari ku nda, none sinamusiga wenyine, umbabarire.» Ndebe akomeza urugendo, no kwa Mutunamuka, atizeraga nk' uko yizeraga ba bandi bombi; babaniraga ko yamutumaga ntiyange. Amaze kumutekerereza ibyamugwiririye, undi abyumva vuba, aramusubiza ati «hogi tugende, sinsubira no mu nzu, umugore atambaza ibyo ari byo. Bashyira nzira baragenda, bikoreye ya ntumbi. Bageze mu ishyamba ry'inzitane, Mutunamuka ati « reka tumujugunye aha, nta muntu uzamubona; nanamubona ntazamenya uwamwishe.» Undi ati komeza gato. «Bigira imbere, baratura, Ndebe atekerereza Mutunamuka ukuri kose. Amwereka ya ntumbi, undi asanga koko ari ihene. Aho bahindukiriye banezerewe, Ndebe akoranya bene wabo, maze ababwira ukuntu yagerageje inshuti ze, agasanga inshuti nyanshuti ari Mutunamuka. Amugororera inka, baribanira. Atandukana na ba bandi bamukundaga urumamo

Inuma n'imbeba.Umunsi umwe, umuntu wategaga inyoni yateze umutego we mu byatsi, hejuru yawo ahamisha amasaka menshi. Inu...
01/07/2022

Inuma n'imbeba.

Umunsi umwe, umuntu wategaga inyoni yateze umutego we mu byatsi, hejuru yawo ahamisha amasaka menshi. Inuma zije zirayahasanga.
Umutware wazo arazibaza ati « aya masaka yamenwe n'iki aha? Nimube muretse kuyatora tubanze tujye inama. » Izindi numa ziranga. Zihera ko ziramanuka; zikigera hasi zifatwa zose.

Umutware wazo arazibwira, ati « sinababujije mukanga ? Nimugerageze kugurukira rimwe ahari muravamo. » Zigurukira icyarimwe, ziterura wa mutego, zirawutahana. Zigeze imuhira, ziti « tugize dute se kandi, ko tutabasha kuwikuramo ? » Umutware wazo ati « nimuze dusange umutware w'imbeba, ahari yashobora kudukiza. »

Ziragenda zisanga umutware w'imbeba yicaye ku ntebe y'ubutware. Ziramubwira ziti « twagize ibyago, none tuje kugusaba ngo urebe uko wadukiza. » Umutware w'imbeba abwira ingabo ze ati « nimuce uyu mutego vuba. » Nuko ziwahuramo amenyo, zirawucagagura, inuma zikira ubwo.
Maze zibwira imbeba ziti « mubaye inshuti z' amagara. » Nuko ziherako zirataha.
Na twe rero twirinde gukorakora no gutwara ibitatugenewe. Dukurikize inama z' abaturuta, kandi tujye twibuka gushimira abatugirira neza, baturinda kugwa mu mutego w'ibidutera amatsiko ashobora kudukururira ibyago.

30/06/2022

UDAKORA MU NKONO,ISAHANE IKAKUREGA

Harabaye ntihakabe

habaye inka n’ingoma,

hapfuye Impyisi mahuma

Hasigaye Inka n’abana

Ngucire umugani w’umurandaranda

nuwurinda ukawurandura uzaramba nkawo



Ubusambo bw’abagabo bo hambere,



Kera habayeho umugabo n’umugore. Bari batuye mu Ruhondo rwa Bubazi na Tyazo.Babyarana abana bane. Bahinga ibirayi ibigori amashaza n’ingano. Bareza cyane baba abakungu. Ariko nubwo bezaga cyane bakaba ntacyo babuze, umugabo yari afite ingeso yo kurya ntahage. Bakotsa ibigori akabirya byose bakajya guca ibindi.Cyangwa buri mwana akicira ibye akiyokereza.

Bukeye imvura iragwa.Igwa igihe kinini,yanga guhita, inzara iratera .Ya myaka bari bejeje igenda ishira mu kigega. Umugore uko yatekaga ibiryo, byamaraga gushya akagaburira umugabo n’abana. Akabasigira dukeya mu nkono kugirango mu gitondo badasonza.

Byagera nijoro umugabo agahengera abana n’umugore basinziriye, akabyuka akagenda yomboka akegera ya nkono, ibiryo birimo akabikubita amatama abiri, yarangiza akisubirira kuryama.

Mu gitondo umugore yashaka kugaburira abana agasanga inkono iramuhamagara.

Bikomeza bityo,umugore akibaza ati ariko uturyo mba nasigiye abana mu nkono, ko mbyuka ngasanga inkono yunyuguje, ninde unca inyuma akanyiba ?

Umunsi umwe, umugore ateka ibishyimbo n’amateke, arabicanira birashya neza abihata umunyu, maze amateke ahobera ibishyimbo birahwana, aha abana n’umugabo amazi barakaraba, asuka ibiryo ku nkoko bararya.

Abonye badahaze arabongera kuko yabonaga babikunze cyane kandi babifitiye irari. Uwo munsi ntihagira igisigara mu nkono. Bigeze mu gicuku umugabo arabyuka uko yari asanzwe abigenza, apfundura agakono akozemo asanga ntabyarayemo, arimyoza asubira kuryama,ariko yibagirwa gusiga asubujeho urwabya rwapfundikiraga inkono.

Mu minsi yakurikiyeho, umugore yaragaburaga agasiga ibiryo bikeya mu nkono, ariko aganira n ;abana be ati : Mureke tujye ibihe, umwe ajye aba maso mu gihe abandi basinziriye.Tuzamenye umuntu uturira ibiryo nijoro.

Umunsi wa mbere bateka ibijumba bihase bitetse mu mashaza. Umwana umwe yumva umuntu aratambuka buhoro atega amatwi, ariko arifuuruza kugirango bagirengo arasinzirirye.

Ni uko yumva papa ararya bya biryo arangije agaruka kuryama.

Bukeye umwana abibwira abandi bana. Ku munsi ukurikiyeho bateka ibirayi babikarangisha amamesa meza cyane biraryoha, igihe cyo kurya kigeze bararya, umugore asigira abana ibiryo byinshi mu nkono. Abwira undi mwana uko aza kuba maso akifuruza. Bigeze mu gicuku umugabo arabyuka ajya kwiba bya biryo. Arangije agaruka kuryama.

Iminsi yakurikiyeho umugore yumvikana n’abana ko agiye kwongera guteka amateke n’ibishyimbo, kandi ko umuntu ubiba ashobora kufatirwa mu ikosa. Yaragiye atira isahane y’icyuma ku baturanyi, ni uko bamaze kurya abika amateke menshi mu nkono, ayipfundikiza isahani mu mwanya w’urwabya.

Bigeze mugicuku, umugabo agizengo arapfundura,arakabakaba ashaka urwabya, akoma isahani yitura ku ishyiga, irabomborana. Wa mwana wari maso aravuga ati:“ Have udakora mu nkono maze isahane ikakurega.

Umugabo ati uhr uhr,yemwe abantu baha we, nanga ko bandarika ibintu mu nzira, nari nshatse gusohoka none dore.

Umwana aricecekera, bukeye abana basanga ibiryo biracyari mu nkono uko bari babisize. Ariko umugabo ingeso yo kwiba yanga kuyireka.

Noneho umugore ashaka rwagakoco, ayitega hejuru y’ibiryo arapfundikira neza araryama abwira abana ngo bisinzirire. Bigeze mu gicuku umugabo apfundura inkono akoramo, rwagakoco imufata ikigaanza, arataka cyane ati nyabuneka nimuntabare. Umugore n ;abana bashidukira hejuru bati :Ni ibiki ni ibiki bibaye ?

Umugabo yagerageza kuvana akaboko mu nkono gakoco intitume ikiganza gikwirwa mu munwa w’inkono, kandi ubwo ni ko ababara.

Kugirango ikibazo gikemuke, bategereje ko bucya umugore atora abagabo abereka uko byagendekeye umugabo, abasobanurira uko byatangiye.Abari aho bose bagwa mu kantu. Ni uko agakono barakamena kugirango bamukize rwagakoco.

Kubera isoni n’ikimwaro,umugabo yahambiriye utwangushye. Aragenda ajya gushakira akazi ko guhingira ifunguro mu mayaga ya Ntongwe na Kinazi.

Amarayo imyaka ibiri ahaha yo isambu.

Bukeye yigira inama yo kugaruka gusaba imbabazi umugore we. Aramubwira ati :Mbabarira rwose naraguhemukiye, kandi sinshobora kuba aha mu Ruhondo, ngwino tujyane kuba aho nubatse urundi rugo i Kinazi,tuve ahangaha. Sinakira incyuro z’abaturanyi.

Ni uko umugore amuha imbabazi ariko amubwirako atakwitera abana n’urugo n’imirima ye, ahubwo amusaba ko yareka ingeso ye kandi agafata isuka agahinga nk’abandi.Ni uko umugabo n’umugore bahana imbabazi, babana neza baratunga baratunganirwa. Isambu umugabo yari yarahashye i Kinazi yakomeje kujya ayihinga yeza ibishyimbo n’imyumbati karahava. Abana barakura , barabashyingira nabo bubaka izabo.

Sijye wahera hahera umugani w’umurandaranda uwuranduye arandaranda nkawo.

Address

Ingaara Creative Arts Network
Kigali

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when Imigani Ishamaje posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Contact The Business

Send a message to Imigani Ishamaje:

Videos

Share

Category


Other DJs in Kigali

Show All