Radio Rusizi

Radio Rusizi Rusizi Community Radio , Broadcasting on FM 96.1 Mhz, 101.8Mhz& 102.4 Mhz & internet: www.rba.co.rw, X:

15/01/2025

Ubyumva ute? kuki iyo umuntu akundanye n’umurusha imyaka myinshi hejuru y’icumi bahita bavuga ko amukurikiyeho imitungo? Nta rukundo rwaba hagati y’abarushanwa imyaka myinshi?

 Hirya no hino mu gihugu mu mirenge yose hari   urubyiruko rwarangije amashuri yisumbuye  rwatangiye URUGERERO  RW'INKOM...
15/01/2025



Hirya no hino mu gihugu mu mirenge yose hari urubyiruko rwarangije amashuri yisumbuye rwatangiye URUGERERO RW'INKOMEZABIGWI ikiciro cya 12.

Uru rubyiruko rugizwe n'intore zirangije amashuri yisumbuye mu mwaka wa 2023-2024.
Aho iwanyu byifashe gute? Bari kwibanda kubihe bikorwa ?

Ese ni iwuhe musaruro mwiteze kuri uru rubyiruko?

15/01/2025

Ikaze muri gahunda za Radio Rusizi,aho iwanyu bwacyeye neza ?
Muri kumwe na Deo Habineza

14/01/2025

TANGA IBITEKEREZO MU MAKURU YA NONE

1. i Abu Dhabi muri Leta zunze Ubumwe z'abarabu, Perezida wa Repubulika Paul Kagame hamwe n’abandi bakuru b'ibihugu na za Guverinoma bitabiriye umuhango witangizwa ku mugaragaro ry'i nama yiga ku iterambere rirambye

2. Inzego z’ubuzima mu karere ka Rusizi ziravuga ko zihangayikishijwe n’impfu z’abana ziri guterwa n’indwara bamwe mu babyeyi bita ikirimi,bakajya kuyivuza mu buryo bwa magendu bikarangira abana bahaburira ubuzima.

Hanze y’urwanda

1. Igihugu cya Qatar cyatangaje ko ibiganiro bigamije guhagarika intambara mu ntara ya Gaza bigeze ku rwego rwa nyuma kandi biri gutanga ikizere gihagije ugereranyije nibiganiro nkibi byagiye biba mu bihe bishize.

Uracyakurikiye Bwacyeye gute@Rc Rusizi!!Mpahire he?Dusangize uko ibiciro by' ibiribwa aho ku isoko iwanyu bihagaze!Ikaze...
14/01/2025

Uracyakurikiye Bwacyeye gute@Rc Rusizi!!
Mpahire he?
Dusangize uko ibiciro by' ibiribwa aho ku isoko iwanyu bihagaze!
Ikaze!

Mwaramutse neza!I Rusizi inzego z’ubuzima ziravuga ko zihangayikishijwe n’impfu z’abana ziri guterwa n’indwara bamwe mu ...
14/01/2025

Mwaramutse neza!

I Rusizi inzego z’ubuzima ziravuga ko zihangayikishijwe n’impfu z’abana ziri guterwa n’indwara bamwe mu babyeyi bita ikirimi,bakajya kuyivuza mu buryo bwa magendu!

Ni iki gituma hari bamwe mu babyeyi cyane cyane abo mu bice by’icyaro bajya kwivuriza kwa magendu aho kujya ku Bitaro?

Ubona biterwa n’iki? Bwacika gute?

Dusase_Inzobe.

13/01/2025

TANGA IBITEKEREZO MU MAKURU YA NONE

1. Kuri uyu wa Mbere tariki ya 13 Mutarama 2025, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yageze i Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), aho yitabiriye Icyumweru cyahariwe Kubaka Ibiramba cya Abu Dhabi

2. Ministeri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano mboneragihugu(MINUBUMWE) yibukije Urubyiruko rwo mu karere ka Rusizi rwatangiye urugerero rw’inkomezabigwi ikiciro cya 12, ko rukwiye kuvomamo indangagaciro zubakira ku bwitange no kunga ubumwe kandi bagakorera hamwe hagamijwe gushaka ibisubizo by’ibibazo byugarije abaturage.

Hanze y’urwanda

1. Agahinda no gushoberwa bikomeje kwiyongera mu baturage b’i Los Angeles muri California kubera urupfu rw’abantu 24 bamaze guhitanwa n’inkongi zadutse mu byumweru bike bishize.

Mwaramutse neza!Mu Rwanda  igihe umuntu ufite ubumuga ahawe amahirwe n’ubushobozi, aba abasha gukora imirimo itandukanye...
13/01/2025

Mwaramutse neza!
Mu Rwanda igihe umuntu ufite ubumuga ahawe amahirwe n’ubushobozi, aba abasha gukora imirimo itandukanye imuteza imbere ikanateza imbere igihugu.
Abafite Ubumuga cyane cyane Abana babayeho bate aho mutuye ?
Ni izihe mbogamizi bagihura nazo?
Umuti wazo ni uwuhe?
Dusase_Inzobe.

  Amategeko Icumi y’Imana ni ayahe?Ese Amategeko Icumi aracyafite agaciro muri iki gihe?Ni irihe tegeko ry'Imana rikugor...
12/01/2025



Amategeko Icumi y’Imana ni ayahe?
Ese Amategeko Icumi aracyafite agaciro muri iki gihe?
Ni irihe tegeko ry'Imana rikugora ?
Deo Habineza

12/01/2025

IKAZE MURI AMBIANCE Y'IMANA KURI RADIO RUSIZi.

10/01/2025

IKAZE MURI FRIDAY SHOW .

Happy_FridayHari bamwe mu  Bantu bahitamo kwibera mu mujyi bavuye mu cyaro bakavuga ko Ubuzima bwo mu mujyi bworoshye ug...
10/01/2025

Happy_Friday

Hari bamwe mu Bantu bahitamo kwibera mu mujyi bavuye mu cyaro bakavuga ko Ubuzima bwo mu mujyi bworoshye ugereranyije no mu cyaro.

Ese birashoboka ko washakira ubuzima mu cyaro ndetse ukarusha uwagiye gushakira mu mujyi?

Ubyumva_Ute?

Twaganiriye n’Urubyiruko rw’i Nyamasheke kuri iyi ngingo.

  1 Ukuboza 2024, ubwo u Rwanda rwifatanyaga n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wo kurwanya SIDA, wizihirijwe mu Karere...
09/01/2025


1 Ukuboza 2024, ubwo u Rwanda rwifatanyaga n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wo kurwanya SIDA, wizihirijwe mu Karere ka Rubavu,minisiteri y’Ubuzima ivuga ko virusi itera SIDA igihari abantu badakwiye kwirara, kuko abantu 9 bashya bandura iyo virusi ku munsi, bakaba biganjemo urubyiruko.
Imibare itangazwa n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) igaragaza ko abantu 7 mu 100 bapfa buri munsi baba bazize SIDA.
Niki mubona gituma iyi mibare yúbwandu bushya yiyongera ? Kubera iki urubyiruko ariwo rwibasiwe cyane ?
Ese hakwiye gukorwa iki ngo iyi mibare igabanuke ?

Reka tuganire

Dusase inzobe! I Nyamasheke hari umunyeshuri wiyemeje gutera ibiti wenyine mu rwego rwo kurengera ibidukikije no gusangi...
09/01/2025

Dusase inzobe!
I Nyamasheke hari umunyeshuri wiyemeje gutera ibiti wenyine mu rwego rwo kurengera ibidukikije no gusangiza abaturanyi be ubumenyi akura mu ishami yigamo ryo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima by’imusozi n’ibidukukije. Ni iki twamwigiraho?

Address

Kamembe

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when Radio Rusizi posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Share